Mbonabucya yasubiye muri Saint Tronc yegura mu Mavubi
Munyeshyaka Fidèle


Mbanobucya Desiré

Umukinnyi Mbonabucya Desiré wanavuze ko yanamaze Kapiteni w'ikipe y'igihugu Amavubi mu minsi ishize akaba umukinnyi wo ku rwego rw'ababigize umwuga ku mugabane w'Uburayi mu gihugu cy'Ububiligi, ku wa 18 Gicurasi yatangarije abanyamakuru ko asezeye mu ikipe y'igihugu Amavubi.

Mbonabucya Desiré wamaze gusubira mu ikipe ya Saint Tronc yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi aho yasinye amasezerano y'umwaka umwe, nk'uko abigaragaza mu kiganiro kirambuye yagiranye n'abanyamakuru, avuga ko impamvu yo kwegura kwe ari uko yambuwe mu bintu bidasobanutse umwanya we w'ubukapiteni. Ubu wahawe Katauti Hamadi. Monabucya rero ngo akaba asanga ako ari akarengane kuko atigeze amenyeshwa ko umwanya we watanzwe. Ariko ababikurikiranira hafi bakaba bakeka ko hari izindi mpamvu zitumye Mbonabucya asezera.

Mu mwaka ushize ngo byakunze kuvugwa ko Mbonabucya Desiré wari na Kapiteni w'Amavubi icyo gihe, yagiye agirana utubazo n'ubuyobozi bw'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, kugeza n'ubwo ahagarika gukina, usibye ko yongeye kugaragara mu Mavubi mu mukino na Algeriya. Kugirana ikibazo icyo aricyo cyose na Mbonabucya ariko umuyobozi wa FERWAFA Musabyimana arabihakana ndetse akanavuga ko ntawambuye Mbonabucya ubukapiteni, ariko akibutsa ko ubukapiteni umuntu abuhabwa iyo ari mu kibuga.

Ugusezera kwa Mbonabucya kuje mu gihe yari akenewe kuko Amavubi arimo kwitegura umukino wa Super Aigles ya Nigeriya mu rwego rwo guhatanira igikombe cy'Isi kizakinirwa mu Budage ndetse n'icy'Afurika kizakinirwa mu Misiri mu mwaka wa 2006. Muri ayo marushanwa yombi Amavubi ari ku mwanya wa nyuma mu itsinda arimo rya kane riyobowe na Nigeriya. Nigeriya ya mbere ifite amanota 13, Angola 12, Gabon na Zimbabwe 7, Algeriya 6, Amavubi (Rwanda) ifite amanota 4 n'umwenda w'ibitego 4.

Ugusezera kwa Mbonabucya mu ikipe y'igihugu Amavubi kuje kwiyongera ku kindi kibazo Amavubi afite cy'abakinnyi batatu barimo Gaseruka Alua, Gasana Philip na Elias Manamana batazakina umukino wa Nigeriya kuko bafite amakarita abiri y'imihondo. Abo nabo baniyongeraho Bitana Jean Remy na Habimana Batou bo bigumiye mu Bubiligi. Muri rusange bikaba bigaragara ko umutoza guhagarika ikipe izahangana na Nigeriya bitazamworohera. Hagati aho hari andi makuru avuga ko Kalisa Claude u Rwanda rwari rwizeye nawe atazaboneka kuko ngo yaba agifite ibibazo by'imvune ndetse ngo n'umukinnyi Gasana Mohamed Kichté uzwi ku izina rya Meme nawe wahamagawe mu Mavubi inshuro nyinshi ariko akaba atari yagaragaramo na rimwe, nawe akaba atazaboneka.

Mu gihe ibyo biri mu kuvugwa mu Mavubi, Nigeriya yo iritegura bihagije ubu ikaba ikorera imyitozo mu Bwongereza. Aho mu Bwongereza ikipe ya Nigeriya izahakina imikino irenga ine mu marushanwa y'amakipe ane arimo Ghana, Jamaica, Trinidad na Tobago. Ikipe y'umutoza Christian Chukuru yitegura Amavubi igizwe n'abakinnyi 24 bayobowe na Jajay Okocha. Mu izamu bahamagawe: Dele Aiyenugba (Enyimba), Austin Ejide (Etoile du Sahel) Tuniziya, Vincent Enyeama (Iwanunyanwo National). Mu b'inyuma bahamagawe: Joseph Enakarkire (Sporting Lisbone/Portugal), Obina Nwaneri (Esperance/Tunisie), Daniel Shittu (Queen's Park Rangers/Ubwongereza), Chidi Odiah (Cska Moscou/Uburusiya), Ifeangi Udeze (Paok Solanique/Ubugereki), Joseph Yobo (Everton/Ubwongereza). Hagati hahamagawe: Yusuf Ayinla (Dynamo Kiev: Ukraine), Blessing Kaku (Bolton/Ubwongereza), Garba Lawal (Santa Clara/Portugal), Christian Obodo (Fiorentina/Ubutaliyani), Jajy Okocha (Bolton/Ubwongereza), Karibe Ojingwe (1860 Munich/Ubudage), Wilson Oruwa (Sochaux/Ubufaransa). Abakina imbere: Yakubu Aiyegbeni (Middlesborough/Ubwongereza) Benedict Akwuegbu (Fc Tirol/Autriche), Nwanko Kanu (Bromwich/Ubwongereza), Ifeangi Ekwenne (Salonike/Ubugereki), Ayo Makinwa Atalanta (Ubutaliyani), Obafemi Martins (Inter Mila/Ubutaliyani), Osazi Odemwingie (Lille/Ubufaransa), John Utaka (RC Lens/Ubufaransa).


APR yarasezerewe, bamwe mu bafana basagarira umusifuzi

Munyeshyaka Fidèle

Ku wa 19 Gicurasi nyuma y'isezererwa rya APR FC na Police FC ku bitego 2-1 mu marushanwa ya ¼ mu gikombe cy'Amahoro, bamwe mu bafana ba APR basagariye umusifuzi hagomba kwitabazwa polisi n'izindi ngufu kugira ngo bashobore urwo rugomo rwari rutewe n'abafana. Abafana bose ariko ntibemeranyaga na bagenzi babo bashakishirizaga impamvu ku musifuzi. Uwo mukino wa APR na Police wa ¼ mu gikombe cy'amahoro wari wasifuwe na Mutanguha Idi Saidi wari uri hagati, Abega na …. Bo ari abasifuzi bo ku ruhande. Abo ni abasifuzi basanzwe bazwi ndetse umwe mur ibo (Abega, akaba yaratoranyije kuzajya gusifura imikino y'igikombe cy'isi izabera umwaka utaha mu Budage).

Icyagaragaye kuri uwo mukino ariko ni uko umutekano wo ku kibuga utari witaweho kuko wasangaga abantu batandukanye bigaragambya ahantu hatemerewe gukandagirwa ku nkengero z'ikibuga. Umukino wenda kurangira bwo abantu benshi barahagurutse bajya guhagarara inyuma y'intebe abakinnyi b'abasibmura n'abatoza ba APR FC bari bicayeho, umusifuzi avugije ifirimbi biroha mu kibuga. Ibyo ubundi mu mategeko agenga umupira w'amaguru ntaho biba kandi birahanirwa ingaruka zikagaruka ku ikipe no ku buyobozi.

Abari basifuye uwo mupra nabo banenze imyitwarire y'abo bafana kuko buri wese uje mu kibuga aba azi ko agomba gutsinda cyangwa gutsindwa kuko ariko umupira umera, nta mpamvu yo kwirirwa ushakishiriza impamvu ku musifuzi kuko asifura ibyo yabonye adahimba. Banongeraho kandi ko umutekano ukwiye gukazwa ku bibuga amategeko agenga umupira w'amaguru akubahirizwa kugira ngo buri wese arangize inshingano ze.

Tubibutse ko uwo mukino wa ¼ wari uwo kwishyura uwabanjirije uwo Police yari yatumiye APR FC, amakipe yombi akanganya 1-1. Muri uwo mukino APR yari yasuwe na Police inayitsinda 2-1 ibitego byombi byatsinzwe na Mbanze naho icya APR gitsindwa na Hassani Mubiru. Andi makipe yasezerewe ni Kiyovu yasezerewe na Mukura banganyije 1-1 i Butare, i Kigali Mukuru itsinda Kiyovu 1-0. Zèbres yo yasezerewe na Kigali FC ku bitego 2-0 mu mukino ubanza i Kigali, muwo kwishyura i Byumba bagwa miswi 0-0.

Mu mikino ya ½ Police izahura na Mukura naho Kigali ihure na Rayon sport.


Ikipe Imboni za ORINFOR yatsinze Ishuri ry'Abanyamakuru muri UNR


Ikipe Y'Imboni.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi wo kuzirikana ku nshuro ya 15 umunsi wo w'uburenganzira n'ubwisanzure bw'Itangazamakuru ku isi yose, umuryango w'abanyeshuri bo mu ishuri ry'Itangazamakuru n'Itumanaho muri Kamunuza y'u Rwanda (JOCOMSA) bizihije uwo munsi ku matariki ya 13 na 14 Gicurasi. Uwo munsi waranzwe n'umukino wa gicuti mu mupira w'amaguru wahuje ikipe y'Ishuri ry'Itangazamahuru n'Itumanaho rya Kaminuza y'u Rwanda ( EJC) n'ikipe Imboni za ORINFOR.

Umukino nyirizina wabaye kuwa 14. Umukino ugitangira waranzwe n'ishyaka ku mpande zombi maze mu gice cya mbere ry'ikipe Imboni za ORINFOR zibasha kureba mu izamu inshuro ebyiri z'ikipe Urumuri rw' ikipe y'ishuri ry'Itangazamakuru rya Kamunuza y'u Rwanda (UNR). Mu gice cya kabiri amakipe yombi yakomeje gusatirana ariko ntihagira igihinduka ku buryo iminota 90 y' umukino yarinze irangira ari ibitego bibiri by' ikipe ya ORINFOR ku busa bw'ikipe y'ishuri ry ' Itangazamakuru rya Kaminuza y'u Rwanda.

Nyuma y'uwo mukino amakipe yombi yahuriye muri Hôtel CREDO i Butare maze arasabana dore ko bahujwe n'umwuga w'ubunyamakuru. Abo banyamakuru barebeye hamwe ibibazo binyuranye bahura nabyo mu kazi kabo nyuma bafata ingamba zo kubikemura. Abayobozi b'ayo makipe yombi biyemeje kujya bahura bagakina imikino nk'iyo ya gicuti maze bagasabana bakarebera hamwe ibibazo bibahuje mu mwuga w'Itangazamakuru maze bakabifatira ingamba. Twababwira ko mbere y'uwo mukino hari habanje kuba ibiganiro binyuranye byose bivuga ku burenganzira n'ubwisanzure bw'Itangazamakuru n'uruhare rw' itangazamakuru mu iterambere ry'igihugu . Ibyo biganiro byari byitabiriwe na Minisitiri w'Itangazamakuru Profeseri Laurent Nkusi wari waje muri UNR gufatanya n'abanyamakuru b'ejo hazaza kwizihiza ubwigenge n'ubwisanzure bw'Itangazamakuru by'umwihariko mu gihugu cyacu.

Olivier- Habimana
UNR-Ishuri ry'Itangazamakuru


UNR yitwaye neza mu marushanwa yo kwibuka


Munyeshyaka Fidèle


Mu mpera z'iki cyumweru I Butare muri Kaminuza y'u Rwanda habereye amarushanwa yo kwibuka abazize itsembabwoko n'itsembatsemba ryo muri Mata 1994, amarushanwa yitabiriwe n'amakipe agera kuri 19 Harimo icumi y'abagabo n'icyenda y'abagore, yaturutse mu bihugu bitandukanye byo muri aka karere.

Iyo mikino yatangiye kuwa gatandatu itangirira ku marushanwa y'amajonjora. Amakipe ya Kampala Volley Ball Club (Uganda), Kigali Volley ball Club (Rwanda) APR Volley ball club (Rwanda) Muzinga (Burundi) na Makelele University (Uganda) yari mu itsinda rya mbere mu rwego rw'abagabo. Mu rindi tsinda harimo Université National du Rwanda Police (Kenya) Burundi Uwezo wa Ndani (Burundi) Ishuri rya Kristu Mwami (Rwanda) na Kampala City Council (Uganda).

Nyuma y'amajonjora Kampala Volley Ball Club yarangije ari iya mbere mu itsinda imwe, ikurikiwe na Kigali Volley Club, APR, Muzinga ku mwanya wa nyuma muri iryo tsinda hakaza Makelele University. Mu rindi tsinda iyazaga ku mwanya wa mbere ni Kaminuza y'u Rwanda (UNR) ikurikiwe na Police (Kenya).

Mu mikino ya ½ yabaye ku cyumweru Kaminuza y'u Rwanda ya mbere mu itsinda rya kabiri yahuye na Kigali Volley Ball Club amakipe asanzwe ari amakeba mu Rwanda, umukino urangira ari amaseti 3 ya Kaminuza y'u Rwanda ku busa bwa kvc. Undi mukino wa ½ mu bagabo wahuje Kampala Volley Ball Club na Police yo muri Kenya. Bityo Kaminuza y'u Rwanda igera ku mukino wa nyuma utari wagakinwe kugeza twandika iyi nkuru usibye ko ari nayo yahabwaga amahirwe yo gutwara icyo gikombe.

Mu bagore amakipe yari yitabiriye ayo marushanwa yo kwibuka ku nshuro ya munani ni Kaminuza y'u Rwanda (Rwanda) Gitarama (Rwanda) Lugulu (Kenya) Cyambogo (Uganda) les as (Burundi) Rumuli (Burundi). Nyuma yo kugabanywamo amatsinda no gukina imikino y'amajonjora Kaminuza ya mbere yahuye na Gitarama ya kabiri mu rindi tsinda, Kaminuza itsinda Gitarama amaseti 3-1 mu wundi mukino Lugulu (Kenya) itsinda Kampala City Council amaseti 3-0.

Muri rusange amakipe yo mu Rwanda akaba yaritwaye neza kuko mu makipe ane yasimbutse amajonjora, mu bagabo abiri yari ayo mu Rwanda (UNR na KVC) kimwe no mu bagore (UNR na Gitarama).

Amakipe abiri ahagaririye u Rwanda (ya Kaminuza abagabo n'abagore) yakinnye imikino ya nyuma. Bikaba bigaragara ko u Rwanda rumaze gutera intambwe muri uwo mukino.


Copyright © ORINFOR 2003 Designed and maintained by ORINFOR IT Team. Imvaho Nshya