 |
Gasabo: Ferwafa irashyigikira imikino y’imiyoborere myiza
Ikigaragaza ko Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Ferwafa, rishyigikira imikino y’imiyoborere myiza ibera mu karere ka Gasabo n’uko ryateye inkunga iyo mikino y’imiyoborere myiza ritanga imipira icumi yo gukina. Ushinzwe imikino n’imyidagaduro mu karere ka Gasabo, Pascal Safari yatangaje ko iyo mipira bayihawe mu rwego rwo guteza Imbere umupira w’amaguru muri ako karere ka Gasabo.
Iyo mikino y’imiyoborere myiza ihuza imirenge yo mu karere ka Gasabo twagiye mu icapiro iri hafi gusozwa yatewe inkunga na Ferwafa kugira ngo irusheho kugenda neza. Amakipe arimo kwitwara neza kugeza ubu ni ikipe y’umurenge wa Remera, Ikipe y’umurenge wa Rusororo, ikipe y’umurenge wa Jali n’ikipe y’umurenge wa Bumbogo.
|