Imvaho Nshya N0 1913, Tariki ya 17 - 19 kanama 2009 Archives

Home Imvaho Amakuru Iryibanze Ubukungu Ubuzima Uburezi Imyidagaduro Umuco Mu Ntara Imikino

Imikino


Ikipe y’igihugu Amavubi  ingufu ziracyari nkeya

Ikipe ya Tanzania yatsinze Amavubi

Mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi yitegura umukino ugomba kuyihuza  n’ikipe y’igihugu ya Misiri mu gushaka itike yo kujya mu gikombe cy’isi ndetse n’icy’Afurika mu mwaka wa 2010. Mu rwego rwo kwitegura uyu mukino Amavubi yakinnye umukino wa gicuti n’ikipe y’igihugu ya Tanzaniya (Taifa Stars). Uyu mukino ukaba warangiye ikipe ya Taifa Stars ipfunyikiye ikipe Amavubi ibitego 2-1.
 Muri uyu mukino Amavubi yagaragayemo abakinnyi  batamenyerewe cyane, ariko icyabashije kugaragara nuko umukino bakinnye utaruri ku rwego rwo hejuru kuburyo bakizera kuzahangana n’ikipe ya Misiri dusanzwe tuzi uburyo ikomeye ndetse n’imikinire yayo. Gusa  umukino  ugitangira  Amavubi yatangiye akina neza nyuma umutoza Branko aza gusa n’usimbuza abakinnyi arinaho haje kwinjizwa ibitego, yaba ku ruhande rwa Taifa Stars ndetse n’Amavubi. Nyuma y’iminota 8 gusa  igice cya kabiri gitangiye umukinnyi Rashidi Gumbo ni bwo yaboneye igitego cya mbere ikipe ye ya Taifa Stars, nyuma gato y’iminota 3, umukinnyi  Jamal Mwiseneza yishyuye igitego nuko biba 1-1. ariko siko byarangiye kuko ku munota wa 64 ikipe ya Taifa Stars yatsinze igitego cya kabiri  gitsinzwe n’umusore Jerson Tegete.

Ikipe ya Taifa Stars n’umutoza wayo Marcio Maximo ukomoka mu gihugu cya Brazil, biragaragara ko ari ikipe yiganjemo abana bakiri bato cyane kandi bafite umupira ndetse n’akazoza keza kuko bafite uburyo babonana mu kibuga. Aba bakinnyi kandi  bakaba  biganjemo a bakina  imbere mu gihugu dore ko bari no mu myiteguro yo kuzakina  amarushanwa y’ibihugu  ariko  ku bakinnyi  bakina  imbere mu gihugu. Ikipe ya Taifa Stars iza mu Rwanda abantu benshi biyumvishaga ko ari ikipe yoroshye ko itaba iri ku rwego rumwe n’Amavubi, ariko nayo si akana kuko yabashije gutsina.

Amavubi ingufu ziracyari nkeya

Kugirango Amavubi yizere kuba yabasha gutsinda ikipe ya Misiri  birasaba  ingufu nyinshi, kuko mu bigaragara nuko abakinnyi  bakigaragaza ingufu nkeya mu mukino. Ibi rero bika byatuma ikipe ya Misiri ishobora no kuza hano i kigali ikaba yakora mu jisho Amavubi bityo ya mahirwe Amavubi yahabwaga akaba  ayoyotse.  Aha umuntu aka yakwibaza aho ingufu zagiye dore ko mu mikino ibanza Amavubi yitwaye neza cyane akaza no kurangiza ari ku mwanya wa 2 aho yarikumwe n’amakipe nayo atoroshye ariyo Maroc, Maurtanie, Ethiophie, aha ikipe y’u Rwanda amavubi ikaba yaratsinze imikino yose usibye umukino wa Maroc muri Maroc. Mbere ikipe y’u Rwanda yabanje gutsinda ikipe ya Maroc hano i Kigali ibitego 3 aha kuri uyu munsi mu mikino 3 Amavubi amaze gukina nta gitego na kimwe Amavubi arabasha gushyira mu izamu. Mu yindi mikino u Rwanda rwatsinze Maurtanie ibitego 3, nyumwa Amavubi aza no gutsinda Ethiopie iwayo ibitego 2 umukino washoje Amavubi aza gutsinda ikipe ya Maurtanie 1 iwayo ibitego byose byatsinzwe n’Amavubi ni 9 mu mikino 5. None Amavubi amaze gukina imikino itatu nta gitego na kimwe . Uwavuga ko hakiri byinshi byo gukora mu mavubi ntiyaba yibeshye kuko urebye ntaho Amavubi ari kugana. Ikindi kandi nuko mu bakinyi bakinaga muri iyi mikino yabanje abenshi bahari uretse bamwe tutazi ikibazo bagize barimo Munyaneza ndetse na Bobo Bola watsinze igitego ubwo Amavubi yatsindaga Maurtanie iwayo. Kandi ubu hongewemo n’amaraso mashya ariko ntacyo bitanga.

Aho ikibazo nticyaba ari  imyitozo?

Ikipe y’igihugu Amavubi ubu iratozwa n’umunyakorowasiya Branko Tucak, umugabo utinyitse cyane, ariko muri iyi minsi bisa nkaho bitari kugaragara ko afite aho yerekeza ikipe Amavubi. Yaba  Branko ndetse n’abo bafatanyije biragaragara ko Amavubi  atameze neza. Tugarutse mu mikino yabanje Amavubi yitwaye neza cyane, ariko ubu byanze, turebye ku ruhande rw’imyitozo, mu mikino yabanje Amavubi yarafite Umutoza mukuru Branko ndetse n’abungiriza aribo Raul Shungu, Eric Nshimiyimana ndetse na Jean Claude Ishimwe utoza abazamu, nyuma Raul Shungu yaje gusezera ku butoza bw’iyi kipe  kubera ibibazo bitandukanye yaba yaragiranye n’umutoza mukuru.
Ariko uyu mutoza w’inararibonye  akimara  gufatanya na  Branko  Amavubi yakina umukino mwiza ndetse akanatsinda cyane kuko mu mikino yakinnye yatsinzwe umukino umwe gusa. Raul Shungu akimara kuva mu batoza b’Amavubi hagaragaye icyuho kuko mu mikino yose amaze gukina nta mukino aratsinda cyeretse umwe gusa yanganyije nabwo nta gitego atsinze. Ubu bikaba byaba byiza hashatswe umutoza w’inararibonye wafatanya na  Branko  maze Amavubi akongera akagarura ingufu, ariko umuntu ntiyakwirengagiza abandi bafatanya nawe ubu ariko bimaze kugaragara ko nta musaruro. Iyo umuntu avuze umutoza abanyarwanda benshi bahita batekereza Ntagwabira Jean Marie warikumwe n’Amavubi igihe yajyaga bwa mbere mu gikombe cy’Afurika mu mwaka wa 2004 muri Tunisiya ndetse akaza no kwitwara neza. Ubu akaba nta kazi afite, agaruwe mu mavubi rero bishobora kugira icyo bitanga.

Umutoza Branko agomba kwikosora

Bimaze kugaraga ko umutoza Branko atagishaka kugira icyo atangariza abanyarwanda nyuma yo kutitwara neza, ibi byagaraye ubwo Amavubi yatsindirwaga mu Misiri ibitego 3-0, aho kugarukana n’abakinnyi inaha agahita yigira iwabo kugira ngo atagira icyo abazwa ku myitwarire. Ibi byongeye kugaragara ubwo amavubi yatsindwaga mu mukino wa gicuti na Taifa Stars ya Tanzaniya akaba yaranze kugira icyo atangaza ndetse akanabuza abatoza bungirije n’abakinnyi kugira icyo bavuga. Ibi rero akaba ntaho byageza Amavubi igihe ibibazo bitagarazwa ngo bibe byashakirwa umuti hakiri kare gutsindwa ukiruka ntugire icyo utangaza sibyo bizatuma Amavubi atsinda Misiri. Twabibutsa ko umukino w’Amavubi na Misiri uteganyijwe ku italiki ya 05 Nzeri uyu mwaka hano i Kigali.

 

Bugingo Fidèle

Orinfor@Copyright 2009 E-mail: info@orinfor.gov.rw